Diyosezi ya Cyangugu yibutse abayo bazize Jenoside

Kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Gicurasi 2019, Diyosezi ya Cyangugu yibutse ku nshuro ya 25 Abasaserdoti, Abihayimana, Abaseminari, Abakateshisite n’abandi bahoze ari abakozi ba Diyosezi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mgr Prudence wayoboye imihango yibukije umwanya w’itegeko ry’urukundo mu kubaka umuryango nyarwanda

Ni mu muhango waranzwe n’Igitambo cy’Ukaristiya cyatuwe na Musenyeri Prudence RUDASINGWA, Umuhuzabikorwa w’Ikenurabushyo, muri Paruwasi Katedrali ya Cyangugu

patients cialis sales FOLLOW-UP.

. Mu nyigisho ye, Musenyeri Prudence yibukije abakristu n’abashyitsi bari bitabiriye uyu muhango ko kwibuka jenoside yakorewe abatutsi ari igihe cyo kubaka urukundo nk’inzira y’ubumwe, amahoro n’amajyambere duharanira.

Uhagaraiye CNLG ageza ubutumwa ku bitabiriye iki gikorwa cyo kwibuka

Abatanze ubuhamya ku buzima bwa Padiri Boneza bagarutse ku rugero rw’ubwicishe bugufi n’urukundo rutavangura byamuranze, ndetse n’ubutwari yagize yitangira abahigwaga ngo bicwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi kandi na we yarahigwaga. Bakanguriye cyane cyane abakiri bato kwigana urwo rugero rwiza kugira ngo bagire uruhare mu kubaka u Rwanda ruzira ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Bwana Jean Pierre yatanze ubuhamya ku migenzo myiza y’urukundo n’ubwiyoroshye yaranze Padiri Boneza
Bwana Etienne, Umuvandimwe wa Padiri Boneza, na we yatanze ubuhamya ku butwari n’ubwitange byamuranze

Abo Diyosezi yibuka by’umwihariko buri mwaka, ni Padiri Yozefu BONEZA na Padiri Alphonse MBUGUJE wa Diyosezi ya Kabgayi wari waje kumusura i Mibirizi. Hari kandi n’Abafurere bane bo mu muryango w’Abayozefiti, Abaseminari bakuru bane, Abakateshisite 26 n’abandi bakozi ba Diyosezi baguye hirya no hino mu maparuwasi.

Padiri Longin NDUWAYEZU

Umunyamabanga wa Diyosezi